U RWANDA RWIZIHIJE UMUNSI W’INTWARI Z’IGIHUGU KU NSHURO YA 28

Tariki 1 Gashyantare buri mwaka, u Rwanda rwizihiza Umunsi Mukuru w’Intwari z’Igihugu, aho Abanyarwanda bari mu gihugu no muhanga bahurira ahantu...

TWESE TURI ABANYARWANDA” INTERO YABAYE INTANDARO YO KURASWA KW’ABANYESHURI B’I NYANGE

Ku mugoroba w’itariki 18 Werurwe 1997, abanyeshuri bigaga mu mwaka wa gatanu n’uwa gatandatu mu Ishuri ryisumbuye ry’i Nyange, batewe n’abacengezi...

IMIGENDEKERE YO KWIZIHIZA UMUNSI W’INTWARI 2020 KU RWEGO RW’IGIHUGU

Tariki ya 1 Gashyantare 2020, u Rwanda rwizihije Umunsi w’Intwari z’Igihugu, ku nshuro ya 26 hazirikanwa insanganyamatsiko igira iti: “Ubutwari mu...

UMUNSI W’INTWARI Z’IGIHUGU UREGEREJE, KUKI TWIZIHIZA UMUNSI W’INTWARI?

Umunsi w’Intwari z’igihugu wizihizwa tariki 1 Gashyantare uko umwaka utashye, kuri ubu harabura iminsi mike ngo uwo Munsi ugere, ibyinshi mu bikorwa...

MINISITIRI W’URUBYIRUKO N’UMUCO YASUYE URWEGO/CHENO

Kuri uyu wa kane  tariki 5/12/2019, Nyakubahwa Minisitiri w’Urubyiruko n’Umuco Rosemary Mbabazi, yasuye Urwego rushinzwe Intwari z’Igihugu, Imidari...

WEBSITE VISITORS

Today
00080
This week
00173
This month
00173
This Year
20892
All days
97182

RATE OUR WEBSITE

switch to result of poll

UMUNSI W’INTWARI Z’IGIHUGU UREGEREJE, KUKI TWIZIHIZA UMUNSI W’INTWARI?

Umunsi w’Intwari z’igihugu wizihizwa tariki 1 Gashyantare uko umwaka utashye, kuri ubu harabura iminsi mike ngo uwo Munsi ugere, ibyinshi mu bikorwa biwumburira byatangiranye n’icyumweru cy’ubutwari ku wa 24 Mutarama 2020. Ni yo mpamvu twifuje kugaruka ku mpamvu tuwizihiza n’icyo Uyu Munsi ukwiye kudusigira nk’Abanyarwanda.

Kuzirikana Intwari z’u Rwanda ni inshingano zacu kuko tugomba gushima Abanyarwanda n’abanyamahanga bagaragaje ibikorwa n’ibitekerezo bifitiye u Rwanda akamaro;

Kuzirikana Intwari z’Igihugu bituma Abanyarwanda bakomeza umuco wo gukunda Igihugu cyabo, kunga ubumwe, kubana neza no guharanira icyateza Igihugu imbere ;

Kuzirikana Intwari z’u Rwanda ni uburyo bwo gushimangira ibyiza byagezweho mu mibereho n’imibanire myiza by’Abanyarwanda, hashyirwa imbere ibyubaka umuryango wacu nk’Abenegihugu,  abanyafurika n’abatuye isi muri rusange;

Iyo tuzirikana Intwari, dushima abana b’u Rwanda bitanze bahanga u Rwanda, abarwubatse, abarubohoye ingoyi y’ubukoroni n’iy’ubutegetsi bubi, ndetse n’abahagaritse Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka w’i 1994. Tuzirikana kandi abakoze ibindi bikorwa by’ubutwari nk’abakomeye ku bunyarwanda n’abarwanyije akarengane ako ari ko kose.

Muri uyu mwaka Umunsi w’Intwari uzizihizwa ku nshuro ya 26, ku nsanganyamatsiko igira iti :

«  Ubutwari mu Banyarwanda, Agaciro kacu »